Ikipe ya Rutsiro FC yegukanye amanota atatu y’umukino w’umunsi wa gatandatu wa shampiyona, nyuma yo gusuzugura Rayon Sports ikayitsinda ibitego 2-0.
Hari mu mukino w’ikirarane w’umunsi wa gatandatu wa shampiyona Rayon Sports yari yasuyemo Rutsiro kuri Stade ya Bugesera, nyuma y’uko inzego bireba zari zanze ko ukinirwa kuri Stade Umuganda kubera ko akarere ka Rubavu kari muri Gahunda ya Guma mu karere.
Ibitego bya rutahizamu w’Umurundi, Ndarusanze Jean Claude bita Lambalamba ni byo byafashije Rutsiro FC kongera gushengura imitima y’abakunzi ba Rayon Sports.
Ni nyuma y’uko mu cyumweru gishize bari baraye nabi batsindwa na mukeba wabo APR FC igitego 1-0.
Lambalamba yafunguriye Rutsiro amazamu ku munota wa 15 kuri penaliti, ayitsindira igitego cya kabiri ku munota wa 49 w’umukino.
Rutsiro FC ya Gatanu ku rutonde rwa shampiyona n’amanota 6 izasoza shampiyona ihura na APR FC ya mbere ku wa Gatanu, mu gihe Rayon Sports ya gatandatu n’amanota atanu izahura na Espoir FC.


