Ibihugu bigize umuryango w’akarere ka Afurika y’amajyepfo, SADC, kuri uyu wa 7 Mutarama 2022 biragirana inama idasanzwe yiga ku kibazo cy’umutekano muke kiri muri Mozambique, by’umwihariko mu Ntara ya Cabo Delgado.
Iyi inama iraba hifashishijwe ikoranabuhanga rihuza amashusho, irayoborwa n’Umuyobozi Mukuru w’uyu muryango, Lazarus Chakwera usanzwe ari Perezida wa Repubulika ya Malawi.
Mu bijyanye n’umutekano wa Mozambique, ibihugu bya SADC byitezweho kuganira ku buryo byakomeza kubaka ubushobozi bw’ingabo ziri mu butumwa bwayo muri Cabo Delgado bwahawe izina rya SAMIM, kugira ngo zibashe kugera ku ntego yo kugarura amahoro n’umutekano.
Ingabo za SADC zatangiye kugera muri Cabo Delgado mu mpera za Nyakanga 2021, zihabwa uruhushya rwo gukorerayo ubutumwa kugeza tariki ya 15 Ukwakira 2021.
Gusa kubera ko ibikorwa byo kurwanya umutwe w’iterabwoba uhungabanya umutekano w’iyi ntara bitari byakarangiye, abakuru b’ibihugu bya SADC barateranye, bafata umwanzuro w’uko zigumayo.




2 Responses
SADC igiye kongera yige ku mutekano wo muri Mozambique
Nonese ntitwabwiwe ko ikibazo ingabo z’Urwanda rwagikemuye? Kuki izo za SADC zititahira? Halya ubundi zikorana zite niz’Urwanda kandi zitarumvikanye rugikubita? Ariko hari byinshi umuntu yakwibaza: ibihugu bya SADC bimwe birakize kurusha Urwanda, kuki Urwanda rubafasha? Ibihugu bimwe bya SADC bikora imodoka n’intwaro bikoreshwa mu ntambara ariko twe turabigura. Kuki rero Urwanda arirwo rwashora ibyo rugura mu ntambara isaba amikoro menshi? SADC ifite ibihugu 14 biri mu karere kamwe k’amajyepfo ya Afurika. Twe turi muri Afurika yo hagati ndetse no muy’iburasirazuba. Twangiwe kujya muri SADC. Twagiye kurwanayo dushaka iki? Tuzasarurayo iki? Byaba biri mu nshingano z’ingabo z’Urwanda?
SADC igiye kongera yige ku mutekano wo muri Mozambique
Nonese ntitwabwiwe ko ikibazo ingabo z’Urwanda rwagikemuye? Kuki izo za SADC zititahira? Halya ubundi zikorana zite niz’Urwanda kandi zitarumvikanye rugikubita? Ariko hari byinshi umuntu yakwibaza: ibihugu bya SADC bimwe birakize kurusha Urwanda, kuki Urwanda rubafasha? Ibihugu bimwe bya SADC bikora imodoka n’intwaro bikoreshwa mu ntambara ariko twe turabigura. Kuki rero Urwanda arirwo rwashora ibyo rugura mu ntambara isaba amikoro menshi? SADC ifite ibihugu 14 biri mu karere kamwe k’amajyepfo ya Afurika. Twe turi muri Afurika yo hagati ndetse no muy’iburasirazuba. Twangiwe kujya muri SADC. Twagiye kurwanayo dushaka iki? Tuzasarurayo iki? Byaba biri mu nshingano z’ingabo z’Urwanda?