Sadio Mane yahigitse Mendy, Mo Salah nk’umukinnyi w’umwaka ku mugabane wa Afurika

Sangiza iyi nkuru

Umunya-Senegale ukinira ikipe yo mu Budage, Sadio Mane, niwe watowe nk’umukinnyi w’umupira w’amaguru wahize abandi ku mugabane wa Afurika, ahigitse Umunya-Misiri, Mohammed Salah ukinira Liverpool na mwenewabo, Edouardy Mendy, umunyezamu wa Chelsea.

Ni igihembo yaherewe i Rabat muri Maroc mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane, bikaba ari no ku nshuro ya Kabiri acyegukanye.

Mane yagize ati ” Mu by’ukuri ntewe ishema no kuba ndi hano ku nshuro ya Gatanu. Ndishimye kuba mpawe iki cyubahiro muri iri joro.”

Yakomeje ashimira, ati ” Ndashaka gushimira bagenzi banjye dukinana muri club no mu ikipe y’igihugu. Nsazwe n’amarangamutima, nta magambo mfite navuga.”

Mane w’imyaka 30 yegukanye iki gihembo nyuma y’iminsi mike avuye mu ikipe ya Liverpool akerekeza muri Bayern Munchen. Ni nyuma yo kwitwara neza ndetse akegukana igikombe cya Afurika mu Ikipe ya Senegal, abigizemo uruhare rugaragarira buri wese.

Soma Izindi Nkuru

The Ben ari mu bitaro

April 16, 2026

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *