Kuri uyu wa Mbere, itariki 25 Gicurasi 2026, Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye Faye, yashyizeho Ahmadou Al Aminou Lo nka minisitiri w’intebe mushya w’iki gihugu cyo muri Afurika y’uburengerazuba.
Lo asimbuye Ousmane Sonko wirukanwe ku wa Gatanu, nyuma y’amezi yari ashize hari amakimbirane akomeye hagati ye na perezida nk’uko inkuru dukesha DW ibyibutsa.
Kwirukanwa kwe byatumye abagize guverinoma bose begura kandi iraseswa. Lo, ubu ugomba gushyiraho guverinoma nshya, mbere yari umuyobozi wa Banki Nkuru y’ibihugu bya Afurika y’Iburengerazuba, ishami ryo muri Senegal.

Uyu muhanga mu by’ubukungu yabaye kandi umunyamabanga wa leta muri perezidansi ndetse n’umunyamabanga mukuru wa guverinoma ya Sonko.


