Rutahizamu Sergio Aguero yaraye akoze ku mutima abenshi mu bakunzi b’umupira w’amaguru, nyuma yo gusaba imbabazi kubera penaliti yahushije ikipe ye ikina na Chelsea.
Ku mugoroba w’ejo ku wa Gatandatu ikipe ya Man City yari yakiriye Chelsea, mu mukino w’umunsi wa 35 wa shampiyona y’Abongereza.
Gutsinda uyu mukino byari guhita bihesha Manchester City igikombe cya shampiyona, ubundi igasigara yitegura umukino wa nyuma wa UEFA Champions league ifitanye na Chelsea ku wa 29 Gicurasi.
Umwongereza Raheem Sterling ni we wafunguriye Man City amazamu ku munota wa 42 ku mupira yateranye Aguero kuko washoboraga kumucika, mbere y’uko iyi kipe ibona penaliti yashoboraga kuyihesha igitego cya kabiri nyuma y’iminota ibiri.
Iyi penaliti yaje guterwa na Aguero, gusa panenka ye uza gufatwa n’umuzamu Edouard Mendy mu buryo bumworoheye cyane.
Guhusha Penaliti byakurikiwe n’igitego umunya-Maroc Hakim Ziyech yishyuriye Chelsea ku munota wa 60 w’umukino, mbere y’uko Umunya-Espagne Marcos Alonso ayihesha intsinzi mu minota y’inyongera.
Aguero yifashishije urubuga rwe rwa Twitter, yasabye imbabazi abafana ba Manchester City nyuma yo kubatenguha.
Ati: “Ndagira ngo nsabe imbabazi bagenzi banjye dukinana, abatoza ndetse n’abafana ku kuba nahushije penaliti. Cyari icyemezo kibi kandi nemeye kukibazwa.”
Ni ubutumwa bwatashye imitima y’ababarirwa mu bihumbi babutanzeho ibitekerezo, bashimira uriya munya-Argentine ku bwo kwicisha bugufi kwe.
Abenshi bahurije ku kuba Penaliti yahushije ntacyo ivuze kuko n’ubundi Manchester City izatwara igikombe cya shampiyona, bamuhumuriza bamubwira ko nta kinini yangije.
Manchester City iracyayoboye shampiyona y’Abongereza n’amanota 80, ikaba irusha amanota 13 Manchester United iyikurikiye ku mwanya wa kabiri.
Chelsea yahise ifata umwanya wa gatatu n’amanota 64 mu gihe Leicester City ari iya kane na 63.


