HD9e4SqaMAEkmT7

Seychelles: Minisitiri Nkulikiyinka yakiriwe na Visi Perezida Pillay

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Nkulikiyinka Christine, yakoreye uruzinduko rw’akazi muri Seychelles, aho yakiriwe na Visi Perezida w’iki gihugu, Sébastien Pillay, baganira ku gushyigikira kandidatire y’Umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo ushaka gukomeza kuyobora OIF).

Itangazo ryashyizwe kuri X na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 21 Werurwe 2026, ryemeje ko uru ruzinduko rwabaye kuwa Gatanu

“ Baganiriye ku bijyanye n’uburyo Seychelles yashyigikira kandidatire y’Umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo urimo kwiyamamariza manda ya 3 yo kuyobora Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF).

Ibiganiro byabo kandi byagarutse ku kwagura umubano w’ibihugu byombi n’ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano byashyizeho umukono by’umwihariko mu nzego z’ubuhinzi n’ubukerarugendo”, ibi ni bimwe mu bikubiye mu itangazo.

HD9e4SJboAApe01

Ku itariki ya 12 Mutarama 2026 ni bwo Perezida Paul Kagame yongeye gutanga Louise Mushikiwabo nk’umukandida ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru wa OIF.

Mushikiwabo ni Umunyamabanga Mukuru wa OIF kuva muri Mutarama 2019. Manda ye ya kabiri yatangiye mu Ugushyingo 2022. Bivuze ko agiye guhatanira manda ya gatatu, aho azaba ahanganye n’abakandida barimo Umunyekongokazi.

HD9e4RmWgAE2DYt

Natorwa, Mushikiwabo ashobora gukuraho agahigo ka Abdou Diouf wo muri Sénégal, wabaye Umunyamabanga Mukuru wa OIF kuva mu 2003 kugeza mu 2014. Yayoboye manda eshatu.

OIF yashinzwe mu 1970, ubu ikaba ifite abanyamuryango 90, n’abantu bavuga Igifaransa bageze kuri miliyoni 396.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *