img_20210503_080930.jpg

Shampiyona: Ku munsi wa mbere ibitego byararumbutse, abatoza 2 barirukanwa

Sangiza iyi nkuru

Kurumbuka kw’ibitego, gutsinda kw’amakipe makuru hafi ya yose no gufata iya mbere mu kwirukana abatoza biri mu byaranze umunsi wa mbere wa Shampiyona y’ikiciro cya mbere mu Rwanda.

Iyi shampiyona yitiriwe ikinyobwa cya ‘Primus’, yatangiye ku wa Gatandatu tariki ya 01 Gicurasi ikinwa mu buryo budasanzwe, ari bwo bw’amatsinda.

Ku Cyumweru ku wa 02 Gicurasi hakinwe imikino ibiri yari itegerejwe na benshi, ari na yo yaranze umunsi wa mbere wa Shampiyona

Ibitego byararumbutse

Mu mikino 7 y’umunsi wa mbere yakinwe kuva ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, nta n’umwe utaragaragayemo igitego.

Umukino utarabaye ni uwo mu tsinda rya mbere wagombaga guhuza AS Muhanga na Bugesera FC kuko muri Muhanga hagaragayemo abantu 12 banduye icyorezo cya COVID-19.

Umukino AS Kigali yatsinzemo Musanze FC ibitego 4-2 ni wo wagaragayemo ibitego byinshi, cyo kimwe n’uwo Police FC yanyagiyemo Etincelles FC ibitego 5-1.

Muri rusange mu imikino yakinwe yatsinzwemo ibitego 22.

Amakipe makuru hafi ya yose yaratsinze

Uretse ikipe ya Kiyovu Sports, andi makipe makuru yose ahabwa amahirwe yo kwegukana igikombe cya shampiyona yatsinze imikino yayo ya mbere.

Police FC ibifashijwemo na Iyabivuze Osée, Ntwari Evode watsinze ibitego bibiri, Hakizimana Aimé na Harerimana Obed yanyagiye Etincelles ibitego 5-1.

AS Kigali ziri mu tsinda yo yagiye kunyagirira Musanze FC kuri Stade Ubworoherane ibitego 4-2 bya Hakizimana Muhadjili na Shaban Hussein Tchabalala.

Uretse Police na AS Kigali zigomba kwisoganura ku wa Kane w’iki Cyumweru mu mukino wa Kane wo mu tsinda D, APR FC ihabwa amahirwe yo kwisubiza igikombe cya shampiyona yo yatsinze bigoranye Gorilla FC ibitego 2-1.

Ni ibitego byo mu gice cya mbere cy’umukino byatsinzwe na Nsanzimfura Keddy cyo kimwe na Nshuti Innocent.

Mu mukino wari wakabirijwe cyane, wo byasabye umunota wa nyuma w’umukino ngo Sugira Ernest afashe Rayon Sports gutsindira Gasogi United igitego 1-0 kuri Stade Amahoro i Remera.

Kiyovu Sports ni yo kipe nkuru yatakaje amanota atatu nyuma yo gutsindirwa i Rubavu na Rutsiro ibitego 2-1.

Amakipe y’inkwakuzi yatandukanye n’abatoza

Mu buryo butunguranye cyane umunsi wa mbere wa Shampiyona wasize amakipe ya Etincelles FC na Kiyovu Sports atandukanye n’abatoza bayo.

Kiyovu Sports mu itangazo yaraye isohoye yavuze ko yasheshe amasezerano yari ifitanye n’umutoza Karekezi Olivier, nyuma yo gusohoka mu mwiherero w’Ikipe nta n’umwe mu bayobozi bayo ubizi.

Umwongereza Calum Shaun Selby nyuma y’uko ikipe ye ya Etincelles inyagiwe na Police ibitego 5-1, yafashe umwanzuro wo kuyisezeramo ku mugaragaro.

Uyu mutoza mu minsi ishize yari yasezeye muri Etincelles avuga ko yugarijwe n’ubukene yurira indege ajya iwabo, gusa ahitamo kugaruka gutoza iyi kipe.

img_20210503_080930.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *