Sierra Leone: Itegeko ribuza gushyingira abana ryakiranwe yombi

Sangiza iyi nkuru

Leta ya Sierra Leone yashyizeho itegeko rishya ribuza gushyingirwa kw’abana ryatangajwe mu birori bikomeye byateguwe na Fatima Bio, umugore wa Perezida, byabaye ku wa kabiri mu murwa mukuru Freetown.

Abatumiwe, barimo umugore wa perezida wa Cap-Vert n’umugore wa perezida wa Namibia, barebaga ubwo umugabo we, Perezida Julius Maada Bio, yashyiraga umukono ku itegeko ribuza gushyingirwa kw’abana.

Ubu umuntu uwo ari we wese wagira uruhare mu gushyingirwa kw’umukobwa ufite munsi y’imyaka 18 azajya afungwa imyaka nibura 15 cyangwa acibwe amande agera ku madolari 4,000 y’Amerika (angana na miliyoni 5Frw), cyangwa byombi.

Khadijatu Barrie, umunyeshuri muri kaminuza ufite umuvandimwe we washyingiwe afite imyaka 14, yabwiye BBC ko yakiriye neza iryo tegeko, ariko ko yifuza ko ryari kuba ryaraje mbere rikarengera murumuna we.

Uyu munyeshuri wiga amasomo ajyanye n’uburinganire, w’imyaka 26, yagize ati: “Nifuza rwose ko ryari kuba ryarabayeho mbere. Nibura nari kuba nararengeye murumuna wanjye n’inshuti zanjye n’abandi baturanyi.”

Sierra Leone ni sosiyete ishingiye ku guha ijambo cyane umugabo, ndetse ni ibintu bisanzwe muri icyo gihugu kubona se w’umukobwa amushyingira ku gahato.

Barrie avuga ko na we byari bigiye kumubaho afite imyaka 10. Yarabyanze arahunga ava mu rugo rw’iwabo, nyuma yuko se avuze ko atakimufata nk’umwana we.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *