Simba SC irashinjwa uburozi n’ubujura

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Simba SC yo mu gihugu cya Tanzania, irashinjwa ibirimo uburozi no gufata nabi ikipe ya Jwaneng Galaxy baherutse gusezerera mu mikino ya CAF Champions League.

Ku wa 2 Werurwe 2024 nibwo ikipe ya Simba yakiriye ikipe ya Jwaneng Galaxy aho yaje kuyinyagira ibitego 6 ku busa igahita ikatisha itike ya 1/4 cyirangiza.

Nyuma y’uwo mukino, ikipe ya Jwaneng ntiyanyuzwe n’uko yakiriwe ndetse inavuga ko yarogewe muri Tanzania.

Muri raporo iyi kipe yahaye CAF, igaragazamo ingingo zigera ku munani z’ibintu bitagenze neza ubwo bakirwaga muri Tanzania.

Jwaneng ivuga ko yahawe ibiryo byarozwe na hoteli barimo kuko abakinnyi babo batanu bananiwe kubyuka ku munsi w’umukino, bikaba ngombwa ko hitabazwa abaganga.

Ikomeza ivuga ko ibikapu byabo byari mu rwambariro ku munsi w’umukino byibwe ndetse ko n’abasekirite ba sitade bibye telefoni y’umutoza w’abazamu.

Iyi kipe kandi yabwiye CAF ko imyitozo yabo ya nyuma yarebwe n’umubare urenze w’abafana bemerewe kureba imyito, bikaba byaragize ingaruka mbi ku buryo umutoza yari yateguye gukina.

Jwaneng ikomeza ivuga mu rwambariro bari barimo havagamo umwuka w’uburozi ndetse kandi bageze mu kibuga banaterwa amacupa y’amazi.

Si ibyo gusa ahubwo banemeza ko bangiwe gusuzuma ikibuga bari bagiye gukiniraho bikaza kuviramo abagiye kubikora gushyamirana n’inzego z’umutekano muri sitade.

CAF iricara isuzume iyi raporo yahawe n’iyi kipe mu gihe Simba yo itegereje kumenya ikipe bazahura muri 1/4 cyirangiza cya CAF Champions League.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *