Ibinyamakuru byo muri Tanzania byatangaje ko rutahizamu w’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’, Meddie Kagere, yamaze kongera amasezerano muri Simba Sports Club mu ibanga.
Ni nyuma y’uko muri iyi mpeshyi uyu mugabo yari yarangije amasezerano yari afitanye n’iriya kipe yo muri Tanzania yagezemo mu 2018 avuye muri Gor Mahia yo muri Kenya.
Amakuru yavugaga ko Kagere atonzengera amasezerano muri Simba, ahanini bitewe n’uko atakunze kubona umwanya wo gukina mu mwaka w’imikino ushize.
Ni nyuma y’uko iyi kipe yakunze gukoresha mu busatirizi bwayo John Rafael Bocco usanzwe ari Kapiteni wayo cyo kimwe n’Umukongomani Chrispain Mugalu, bikaba ngombwa ko Kagere akoreshwa kenshi nk’umusimbura.
Cyakora cyo n’ubwo Kagere atakunze kubona umwanya wo gukina mu mwaka ushize w’imikino, ntibyamubujije kurangiza shampiyona ari uwa Kane mu batsinze ibitego byinshi muri shampiyona ya Tanzania (13) arushwa bitatu na John Bocco wari uwa mbere.
Ikinyamakuru Global Publishers cyatangaje ko Kagere yamaze kongera amasezerano muri Simba, n’ubwo iyi kipe itarabitangaza ku mugaragaro.
Ni Kagere usanzwe ufitanye umubano mwiza n’Umuherwe wa Simba Mo Dewji cyo kimwe na Madamu Barbara Gonzalez usanzwe ari Chairman wayo.
Kagere biravugwa ko yongereye amasezerano, mu gihe mu minsi yashize ubwo yabazwaga iby’ahazaza he yatangaje ko bizaza nka ‘Surprise’.
Kagere wanugwanugwaga mu makipe arimo APR FC na Young Africans, mu myaka itatu amaze muri Simba yatwaranye na yo ibikombe bitatu bya shampiyona, aba rutahizamu watsinze ibitego byinshi mu myaka 2 ye ya mbere aho umwe yatsinze 23 undi 21.


