Mbabazi Shadia wahindutse uzwi nka Shaddy Boo wabaye ikimenyabose kubera imbuga nkoranyambaga yahamije ko adashobora kubana n’umugabo w’Umukongomani kuko basezeranya umuntu ibintu byinshi ntibabikore.
Ibi yabitangaje ku mugoroba wa 20 Mutarama 2019 ubwo yahaga umwanya abamukurikira basaga ibihumbi magana ane (400,000) wo kumubaza bimwe mu bibazo bamufiteho, bimwe mu byo yabajijwe higanzagamo abifuza kumenya niba koko yaragiranye ibihe byiza(Kuryamana n’ibindi) n’ikirangirire Diamond Platnumz ariko abitera utwasti.
Ubwo yabazwaga koko niba yararyamanye byeruye na Diamond bakunze kugaragara bari kumwe mu buriri uyu mugore w’abana babiri yasubije ijambo rimwe ati “Oya”
Ku bijyanye no kuba yasubira murukundo, Shaddy Boo yavuze ko adateganya gusubira mu rukundo kuko yababajwe bihagije yahisemo kuzibukira(kureka burundu).
Kubijyanye no gutakaza ubusugi, nk’ikibazo yari abajijwe kandi yagombaga gusbiza, Shaddy Boo yasubije umufana we ko mu mwaka wa 2011 aribwo yabonanye n’umugabo bwa mbere ubusugi bwe busiagara aho.
Naho gusubirana n’uwahoze ari umutware we Meddy Saleh yanabyariye abana babiri babakobwa maze ashimangira ko urubyaro rwe ari wo mugisha ukomeye yagize mu buzima naho ibya Meddy Saleh byo ati”Ntabwo nsubira mu mateka kandi sinshaka ko yisubiramo ubwayo”.
Shaddy Boo nk’umugore w’ikimero n’igikundiro byanatumye umufana we yifuza kumenya niba ntawundi mugabo baba bararyamanye utari Meddy Saleh maze amusubizako atari umumalayika kuburyo yaryamana n’umugabo umwe gusa.
Ku bijyanye n’ibyiyumviro bye byejo hazaza, ahamya ko umutima we uzatuza ari uko agiriye ikiruhuko muri Jamaica naho umugabo tabana nawe ni uturuka mu gihugu cya Repeburika iharanira demokarasi ya Congo(DRC) kuko ngo bizeza ibitangaza umuntu ntibabikore kandi nubusanzwe yanga umuntu umubeshya urunuka.





