Sindi Interahamwe_Pasiteri Tumusiime ku kirego cy’abo muri Pentecôte

Sangiza iyi nkuru

Umushumba w’urusengero rwa Bushenyi Town Centre rw’itorero rya Pentecôte muri Uganda, Pasiteri Don Tumusiime (ibumoso ku ifoto), yahakanye imikoranire n’Interahamwe avuga ko yashinzwe na bamwe muri bagenzi be.

Yabihakaniye mu masengesho yo gushima Imana yabaye tariki ya 14 Gicurasi 2022, yitabiriwe na bamwe mu bayobozi bakomeye barimo Minisitiri w’umutekano w’imbere, Maj Gen. Kahinda Otafiire.

Mu ijambo yafashe, Minisitiri Otafiire yanenze abashumba bo muri iri torero, avuga ko bikungahaza ariko ntibite ku bukene bw’abayoboke babo, anagaruka ku makimbirane yaranze aba bashumba mu bihe byashize.

Yagize ati: “Nimureke gushyamirana kubera kubera ko nkatwe tudasenga buri gihe ntabwo tumenya aho tugomba kwerekeza. Iyo mugiye mu ntambara yewe no mu yandi matorero, si mwe gusa bizagiraho ingaruka, ahubwo bizagira ingaruka no ku iterambere ry’iki gihugu cyiza.”

Pasiteri Tumusiime we, yavuze ko mu myaka 50 amaze mu murimo w’ivugabutumwa, yahuye n’ibibazo byinshi birimo izi ntambara mu itorero, ku buryo hari abamushinje kuba Interahamwe.

Yagize ati: “Rimwe ndibuka ko abayoboke b’itorero bandeze mu bayobozi muri Leta ko nari Interahamwe, gusa ntibyari ukuri. Rero imyaka yanjye 50 y’umurimo w’ivugabutumwa ntabwo yanyoroheye, kuyizihiza birakwiye.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *