Société civile yamaganye ibiganiro bitarimo ibi bintu bibiri Leta ya DR Congo yagirana n’imitwe yitwaje intwaro

Sangiza iyi nkuru

Urugaga rw’Imiryango itegamiye kuri Leta ya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo (société civile) rwo muri Kivu ya ruguru, rwavuze ko rwamaganye ibiganiro ibyo ari byo byose leta ya Congo yagirana n’imitwe yitwaje intwaro, bitari mu rwego rwo gushyira intwaro hasi no gusubizwa mu buzima busanzwe.

Radio Okapi ya ONU isubiramo amagambo ya Etienne Kambale ushinzwe imiyoborere myiza wo muri urwo rugaga, avuga ko “ibihugu byo mu karere bikwiye kubaha DR Congo nkuko bikubiye mu masezerano y’amahoro y’i Addis-Abeba yo mu 2013.”

Société civile iravuga ibi mu gihe Ku wa Kane cyumweru gishize, Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta, ubu ukuriye umuryango w’Afurika y’uburasirazuba (EAC), yatumije inama irimo no gucyemura ikibazo cya M23.

Yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu bya Uganda, u Burundi, na DR Congo, naho u Rwanda ruhagararirwa na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga.

Ku cyumweru, ibiro bya Perezida wa Congo byatangaje ko ibiganiro byongeye kuba i Nairobi guhera mu masaha ya saa sita z’amanywa, hagati ya leta n’imitwe irindwi yitwaje intwaro y’Abanye-Congo, irimo itandatu yahageze ku wa Gatandatu nimugoroba, ariko itarimo M23.

Leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’inyeshyamba z’umutwe wa M23 buri ruhande rurashinja urundi kongera kubura imirwano mu ntara ya Kivu ya ruguru mu burasirazuba bw’igihugu.

Ni ibintu byatumye DR Congo iba ihagaritse M23 mu biganiro iyishinja ko mu gihe ibiganiro byajyaga mbere, yahisemo kubura imirwano. Ibi uyu mutwe urabihakana.

Mu butumwa bwo kuri Twitter, ibiro bya Perezida Félix Tshisekedi bivuga ko mu gihe “habaga ibiganiro [i Nairobi], ababyitabiriye batunguwe no kubura kw’imirwano kwa M23/Makenga.

“Uruhande rwa guverinoma rwahise rusaba ndetse rwemererwa iyirukanwa ry’uwo mutwe witwaje intwaro no gukomeza kw’ibiganiro hamwe n’iyindi mitwe”.

Umuvugizi wa M23, Major Willy Ngoma,mu itangazo yavuze ko guhera saa cyenda (15) z’amanywa ku wa Gatandatu, abasirikare ba FARDC “byarangiye bagabye igitero cyabo kimaze iminsi myinshi gitegurwa batera ibirindiro bitandukanye bya M23 i BUGUSA”.

Ubu abanye-Congo babarirwa mu bihumbi 15 bahungiye muri Uganda, abandi bagera mu bihumbi 40 bahungiye mu tundi tuce twa Rutshuru, muri ‘groupements’ za Jomba, Busanza, Bweza na Bukoma.

Hari hashize imyaka igera hafi ku 10 umutwe wa M23 utavugwa mu rwego rwa politiki cyangwa mu ntambara, bivuye ku masezerano yashyizweho umukono i Nairobi ku itariki 12 y’ukwa 12 mu 2013 hagati yawo na leta ya Kinshasa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *