Abantu bagera kuri 17 bamaze gusiga ubuzima abandi 30 barakomereka bikomeye mu gitero cy’ubwiyahuzi cyagabwe n’umutwe w’iterabwoba wa Al -shabab .
Iki gitero cyagabwe mu mugi wa Mogadishu kuri uyu wa 22 Nyakanga 2019. Umutwe wa Al Shabab wigambye ko ariwo wagabye iki gitero.
Imodoka yari itwaye igisasu yaturikiye mu mugi wa Mogadishu hakurikiraho kurasana hagati y’abashinzwe umutekano n’uyu mutwe.
Muri 2011, uyu mutwe wirukanwe n’ingabo za leta ndetse n’ingabo mpuzamahanga zishinzwe kurinda amahoro n’umutekano mu mugi wa Mogadishu.
Gusa baracyagaba ibitero bitandukanye hirya no hino kandi bigahitana abantu benshi mu murwa mukuru w’iki gihugu.
Mu ntangiriro z’uku kwezi, uyu mutwe wagabye igitero mu murwa mukuru mu gace ka Kismayo kuri hoteri. Icyo gihe icyo gitero cyahitanye abantu 26.
Nkurunziza Viateur @Bwiza.com


