Somalia: Abasirikare b’u Burundi bategetswe kwikingiza Covid-19

Sangiza iyi nkuru

Abasirikare b’u Burundi bari mu butunwa bw’amahoro bw’umuryango wa Afurika yunze ubumwe (AU) muri Repubulika ya Somalia, AMISOM, bategetswe kwikingiza icyorezo cya Covid-19 ku bw’inyungu z’igihugu cyabo.

Radio Inzamba Agateka Kawe ivuga ko nyuma y’aho bamwe mu basirikare b’u Burundi barimo abayoboye Batayo banze kwikingiza iki cyorezo, umuyobozi wa AMISOM yabasabye kwisubiraho bakikingiza, bitaba ibyo igihugu cyabo kigakurwa ku rutonde rw’ibyohereza ingabo muri ubu butumwa.

Iyi radiyo ivuga ko ubutumwa busaba aba basirikare kwikingiza babushyikirijwe na Brig. Gen. Elie Ndayizigiye ubayoboye muri Somalia, wanabamenyesheje ko Umugaba Mukuru wabo, Lt Gen. Prime Niyongabo yihanangirije abatazabyemera, kuko ngo mu gihe u Burundi bwazakurwa kuri uru rutonde bazabibazwa.

AMISOM yemeza ko abasirikare b’ibindi bihugu bari mu butumwa bw’amahoro bose bamaze kwikingiza Covid-19, keretse bamwe mu Barundi babyanze.

Nyuma yo kubagezaho ubu butumwa, bivugwa ko guhera mu ntangiriro z’iki cyumweru mu basirikare b’u Burundi hakorwaga urutonde rw’abavuye ku izima, bakemera gukingirwa, ndetse n’abakomeje kubyanga.

Kutikingiza kwa bamwe muri aba basirikare kwaba gufite aho guhuriye n’icyemezo Guverinoma y’u Burundi yafashe cyo gukingira ku bushake, aho n’Umukuru w’Igihugu, Perezida Evariste Ndayishimiye hamwe n’abandi bayobozi barimo Minisitiri w’Ubutegetsi, Gervais Ndirakobuca bemeje ko nta muturage uzakingirwa ku ngufu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *