Abarwanyi ba Al-Shabab bigaruriye umujyi wo muri Somalia wari urinzwe n’ingabo za Uganda zo muri Amisom nyuma y’igihe gito zihavuye zikawusiga mu maboko y’ingabo z’iki gihugu.
Izi ngabo za Uganda zari zavuye mu birindiro byazo biherereye Marianguwaay byo mu ntara ya Lower Shabelle zibisigira ingabo za Guverinoma ya Somalia.
Brig. Gen. Don Nabasa wa UPDF niwe wayoboye umuhango wo kuva muri ibi birindiro ku Cyumweru hari Guverineri wa Lower Shabelle, Abdikadir Murshid Sidi.
Izi ngabo za Uganda zari zavuye aha zimuriwe ahandi mu rwego rwo kurushaho gukaza umutekano ku mihanda y’ingenzi igaburira igihugu nk’uko itangazo rya Amisom ryashyizwe ahagaragara rivuga.
Ariko nk’uko iyi nkuru dukesha Daily Monitor ivuga, izi ngabo zikimara kuhava Al-Shabab ntiyajuyaje guhita yigarurira umujyi bituma havuka impaka hibazwa niba ingabo za Somalia zaba ziteguye gufata inshingano z’umutekano muri iki gihugu mu gihe ingabo z’amahanga zahava.
Ababibonye bavuga ko abarwanyi ba Al-Shabab bahise bigabiza umujyi nyuma gato yo kuwusohokamo kwa UPDF, bakongera kuzamura ibendera ryabo ry’umukara muri uyu mujyi. Kuri ubu uyu mujyi uragenzurwa byuzuye na Al-Shabab.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


