Somalia yemejwe nk’Umunyamuryango wa 8 wa EAC

Sangiza iyi nkuru

Igihugu cya Somalia kuri uyu wa Gatanu tariki ya 24 Ugushyingo 2023, cyemejwe nk’umunyamuryango wa munani w’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC).

Somalia yemerejwe mu nama y’abakuru b’ibihugu bya EAC yabereye i Arusha muri Tanzania.

U Rwanda muri iyi nama rwari ruhagarariwe na Minisitiri w’Intebe, Dr à‰douard Ngirente wayitabiriye mu cyimbo cya Perezida Paul Kagame.

Somalia yemejwe nk’umunyamuryango wa EAC nyuma y’umwaka Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na yo yemejwe nk’umunyamuryango w’uyu muryango.

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi wasoje manda ye nk’umuyobozi wa EAC, yatangaje ko ubusabe bwa Somalia bwo kwinjira muri uyu muryango bwemejwe nyuma y’ibiganiro byamaze amasaha abarirwa muri atanu bibera mu muhezo.

Muri 2012 ni bwo Somalia yagaragaje bwa mbere ko yifuza kwinjira muri EAC, gusa ubusabe bwayo bugenda bwirengagizwa kubera ibibazo birimo umutwe w’iterabwoba wa Al Shabab umaze igihe uyitezamo umutekano muke.

Icyizere cy’iki gihugu cyo kwinjira muri EAC cyakora cyiyongereye ubwo Sudani y’Epfo basaga nk’abahuje ibibazo yemerwaga muri EAC muri 2016, mbere y’imyaka itandatu ngo na RDC yemerwe.

Kuri ubu byitezwe ko kuba Somalia yinjiye muri EAC bishobora guharurira inzira n’ibindi bihugu bituranye na yo, birimo Djibouti, Eritrea na Ethiopia.

Igihugu cya Sudani kuri ubu cyugarijwe n’intambara na cyo byitezwe ko gishobora gusaba kwinjira muri EAC.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *