Rutahizamu Luis Suarez yagaragaye asuka amarira, nyuma yo gufasha ikipe ya Atlético de Madrid kwegukana igikombe cya shampiyona ya Espagne.
Atlético Madrid yegukanye igikombe cya shampiyona ya Espagne cya 11 mu mateka yayo, nyuma yo gutsinda Real Valladolid ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa nyuma wa shampiyona.
Iyi kipe y’umutoza Diego Simeone yatwaye iki gikombe, mu gihe yari igihanganiye cyane na Real Madrid zarushanyaga amanota abiri. Iyi Real Madrid na yo yatsinze Villarreal ibitego 2-1, gusa ntibyagira icyo bihindura ku wagombaga gutwara igikombe.
Atlético yaherukaga gutwara igikombe cya shampiyona mu mwaka w’imikino wa 2013/14, nyuma igenda igorwa no kumenera hagati ya Real Madrid na FC Barcelona.
Uyu mwaka iyi kipe yabigezeho nyuma yo gufashwa cyane na Luis Suarez wirukanwe na FC Barcelona yamubonaga nk’umukinnyi udashoboye.
Cyakora cyo Suarez ntiyatinze kwigaragaza nk’umukinnyi ukomeye, kuko yatsindiye ikipe ye ibitego 21 ayihesha igikombe cya shampiyona, mu gihe Barça yamwirukanye yarangije ku mwanya wa gatatu ku rutonde rwa shampiyona.
Suarez nyuma y’uko bari bamaze gutwara igikombe cya shampiyona, yagaragaye yicaye mu kibuga arira cyane, ubwo yarebaga ifoto yari muri terefoni ye.
Aganira na Movistar, uyu munya-Uruguay yashimiye ikipe ya Atletico Madrid yamwakiriye nyuma y’uko FC Barcelona yari imaze kumujugunya.
Ati: “Byari bikomeye, ubuzima nagombye kunyuramo, uburyo nafatwagamo, ariko Atlético yamfunguriye imiryango. Hari benshi batesekanye nanjye, umugore wanjye n’abana banjye.”
“Umunsi ku wundi ni bo bagiye bagira ibibazo cyane mu myaka maze mu mupira w’amaguru.”
Suarez yunzemo ko uretse ubuzima bugoye yanyuzemo, atewe ishema n’umwaka mwiza we na bagenzi be bakinana muri Atlético bagize.
Ati: “Twagize umwaka mwiza cyane, uretse ingorane, twabaye ikipe ihozaho [mu gutsinda] none dutwaye igikombe.”







