Polisi ya Sudan iravuga ko umupolisi mukuru wari ufite ipeti rya ‘Brigadier General’ yishwe n’abigaragambya bamagana ihirika ry’ubutegetsi ryakozwe n’igisirikare kiyobowe na General Abdel Fattah al-Burhan mu Kwakira 2021.
Uyu mupolisi witwa Ali Bareema Hamad ngo yishwe ubwo yari mu kazi ubwo yarindaga umutekano w’abigaragambya mu murwa mukuru, Khartoum.
Nk’uko France 24 ibivuga, Umuvugizi wa Polisi, Idris Abdalla Idris uyu wa 13 Mutarama 2022, yatangaje ko Gen. Hamad yagabweho igitero n’amatsinda y’abigaragambya, amutera ibyuma umubiri wose kugeza ashizemo umwuka. Ati: “Yatewe ibyuma n’amatsinda y’abigaragambya ku bice bitandukanye by’umubiri.”
Kuva Gen. Burhan yahirika ubutegetsi bwa Minisitiri w’Intebe Abdallah Hamdok wari uhagarariye abasivili muri Guverinoma, Sudani yaranzwe n’imvururu. Hamdok yaje gusubira kuri iyi nshingano, ariko nyuma aregura, bivugwa ko yaba yarashyizweho igitutu n’abasirikare.
Mu rwego rwo guhosha imvururu, Umuryango w’Abibumbye wagerageje gutegura ibiganiro bihuza impande zombi ariko ntacyo byatanze, ikaba ari yo mpamvu iyi myigaragambyo yubuye.


