Abantu 50 biciwe mu gitero cyagabwe n’abarwanyi bigometse kuri Leta ya Sudani bo mu mutwe wa Rapid Support Forces, RSF mu biturage byo muri Leta ya al-Jazira nk’uko byemejwe n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu muri icyo gihugu .
Ibiturage byibasiwe birimo al-Sariha na Azraq ahabera imirwano ikaze guhera kuwa Gatanu. Ni nyuma y’uko umusirikare Mukuru muri RSF uvuka muri iyi Leta wanarindaga abaturage baho, yiyunze ku gisirikare cya Leta.
Biremezwa n’umuryango wegeranya inkunga zo gufasha abibasiwe n’intambara muri Sudani.
Uwo muryango uvuga ko mu mudugudu wa al-Sariha wonyine, hapfuye abantu 50, abandi 200 barakomereka. Uyu muryango watangaje ko kubera urusaku rwinshi rw’amasasu abakomeretse batashoboraga kujyanwa kwa muganga.
Ikindi n’uko kubera ko nta tumanaho rihari bigoye kumenya umubare nyawo w’abapfuye n’inkomere.
Kuwa Gatanu, ihuriro ry’abaganga muri Sudani ryasabye Umuryango w’Abibumbye gutegeka ko haboneka inzira yo kugera ku nzirakarengane ziri muri iyo midugudu bavuga ko zirimo gukorerwa jenoside.
Ihuriro ryagaragaje ko ingabo z’igihugu zidashoboye kurinda umutekano w’abasivili. Amakuru ava mu nzego z’ubuzima yerekana ko ibitaro byinshi muri utwo duce byategetswe gufunga.
Intambara hagati y’ingabo za leta n’umutwe wa RSF wigometse imaze guhitana abantu hafi 150,000. Abandi babarirwa muri za miliyoni bakuwe mu byabo kuva muri Mata 2023.


