Sudani: Basaba UN ko yarekera ingabo zayo muri Darfur

Sangiza iyi nkuru

Bamwe mu baturage bo muri Sudani bababajwe n’umugambi w’Umuryango w’Abibumbye (UN) wo gukura mu Ntara ya Darfur ingabo zawo ziri mu butumwa bw’amahoro (UNAMID), ku buryo byatumye bajya mu myigaragambyo.

Nk’uko BBC dukesha iyi nkuru yabitangaje, UN igaragaza ko hari intambwe yatewe ku mutekano wa Darfur ikaba ari nayo mpamvu nyamukuru yo gukurayo UNAMID imazeyo 13, aho ubutumwa bwayo bwarangiye kuri uyu wa 31 Ukuboza 2020.

Gusa abaturage bamwe bakoreye imyigaragambyo mu bice bitandukanye by’igihugu, birimo ku cyicaro gikuru cya UNAMID muri Darfur, basaba ko UN yagumishayo izi ngabo. Bemeza ko nta mutekano usesuye bafite ku buryo uyu muryango wakura ingabo zawo muri iyi ntara.

Impamvu yari yaratumye UN yohereza ingabo zayo muri Darfur ni ibitero umutwe witwaje intwaro wa Janjaweed wagabaga ku baturage batari Abarabu, wishe ababarirwa mu 300,000.

UN yagiye yoherezayo ibyiciro bitandukanye by’abasirikare n’abapolisi, bagiye basimburana.

Darfur isigayemo abasirikare ba UNAMID 4000 n’abapolisi 2,200. U Rwanda ni rwo rufiteho abasirikare benshi kurusha ibindi bihugu byaboherejeho, aho bagera ku 1158 nk’uko iki gitangazamakuru cyabitangaje. Guhera kuri uyu wa 1 Mutarama 2021, bose bahawe amezi atandatu yo kuba bavuye muri Sudani.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *