Umuyobozi w’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) yavuze ko byibuze abantu 64 baguye mu gitero cyagabwe ku bitaro byo muri Darfur y’Iburasirazuba, muri Sudani.
Umuyobozi Mukuru wa OMS, Tedros Adhanom Ghebreyesus, yatangaje ko abapfuye bazize igitero cyo ku wa Gatanu barimo abana 13, abakozi mu by’ubuvuzi n’abarwayi benshi.
Umuyobozi wa OMS arasaba ko intambara ya Sudani irangira
Mu butumwa yanditse kuri X, Tedros yavuze ko igitero cyagabwe ku Bitaro bya Al Deain cyatumye “bihagarika gukora.”
Yavuze ko abantu 89 na bo bakomerekeye muri icyo gitero, umuryango w’abavoka uvuga ko cyagabwe n’indege zitagira abadereva z’Igisirikare cya Sudani.
Tedros yavuze ko ubu abantu barenga 2000 bamaze kwicirwa mu bitero birenga 200 byibasiye ibigo nderabuzima kuva intambara hagati y’abenegihugu yatangira muri Sudani muri Mata 2023.


