Biravugwa ko Sudani n’u Burusiya byasubukuye ibiganiro ku masezerano yari amaze igihe kirekire atinzwa azaha Moscou uburenganzira bwo kubaka ibirindiro byabwo bya mbere by’igisirikare kirwanira mu mazi muri Afurika, azatuma igisirikare kigera ku Nyanja Itukura kugira ngo Sudani na yo ibone intwaro ziteye imbere.
Ikinyamakuru Wall Street Journal ku itariki ya 1 Ukuboza cyatangaje ko nyuma y’uruzinduko rwa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Sudani, Ali Youssef Ahmed al-Sharif i Moscou, ayo masezerano yahindutse uburyo bwagutse bw’ubucuruzi, aho Sudani mu Kwakira yatanze uburenganzira bw’imyaka 25 bw’abasirikare 300 ndetse n’amato agera kuri ane, harimo n’ubwato bw’intambara bukoresha ingufu za nikeleyeri.
Nk’ingurane, Ingabo za Sudani (SAF) zizahabwa sisitemu zo kurinda ikirere ziteye imbere kandi zishobora no guhabwa indege z’intambara za Su-30 na Su-35, zikaba ari ngombwa mu kuzamura ubushobozi bwa SAF bwo kugaba ibitero simusiga ku nyeshyamba za Rapid Support Forces (RSF).
Iyi ntambwe iheruka irerekana impinduka zikomeye mu biganiro byatangiye mu mwaka wa 2017 mu rugendo rw’uwahoze ari Perezida wa Sudani, Omar al-Bashir i Moscou. Bashir mbere na mbere yifuzaga kwizezwa umutekano no kurindwa n’u Burusiya mu Kanama gashinzwe Umutekano ka Loni, Sudani na yo ikazabaha ihuriro rito ry’ibikoresho risa nk’iryo u Burusiya bwakoreshaga muri Syria mbere yo kwaguka rikaba ibirindiro by’igisirikare cyo mu mazi bya Tartus muri 2015.
Sudani yari yaramaze kwerekana ko ishishikajwe n’indege za Su-35; icyakora, ibiganiro byose byari mu ibanzirizasuzuma kuko u Burusiya bwakomeje gushyira imbere inyungu zabwo mu Burasirazuba bwo Hagati no muri Mediterane.


