Ubutegetsi bw’inzibacyuho bugizwe n’abasirikare muri Sudan butangaza ko bugiye kongera kuganira n’abahagarariye abigaragambya kuri iki cyumweru.
Ni nyuma y’aho ku mugoroba wo ku wa Gatanu abigaragambya bashegeshe bikomeye za bariyeri zo mu muhanda mu Mujyi wa Khartoum.
Byari biteganyijwe ko aba bajenerali n’abahagarariye abigaragambya bemeranya ku nzibacyuho y’imyaka itatu kuwa Gatanu w’iki cyumweru.
Umuyobozi w’aka kanama, Gen. Abdel Fattah al-Burhan yavuze ko ibiganiro bitakibaye, ko bisubitswe mu masaha 72, ingingo abigaragambya batakozwaga na mba.
LONI, Afurika Yunze Ubumwe n’Ubumwe bw’Ibihugu by’Iburayi bahise basaba ko ibiganiro byasubukurwa mu maguru mashya.
[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]
Izi mpande zombie zigiye kuganira mu gihe n’abagendera ku mahame ya kiyisilamu nabo bavuga ko bakwiye kuba bahabwa ijambo muri ibi biganiro nk’uko AFP ibitangaza.


