Minisitiri wari ushinzwe amazi n’umutungo kamere wa Sudani y’Epfo, Mabior Garang, yirukanwe muri guverinoma. Uyu muhungu w’umugabo ufatwa nk’uwatumye Sudani y’Epfo iba igihugu, John Garang, yirukanwe mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri nk’uko byatangajwe kuri televiziyo ya Sudani y’Epfo.
Mabior Garang, wari uherutse gutangaza ko guverinoma y’inzibacyuho y’ubumwe bw’igihugu iyobowe na perezida Salva Kiir yahiritswe, ni umwe mu ba minisitiri bo mu ruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi babuze imyanya muri guverinoma.
Abandi ba minisitiri bambuwe imyanya yabo harimo, Alfred Lado Gore w’umutekano, Dak Duop wari ushinzwe ubucukuzi bwa peteroli, Peter Adwok wari ushinzwe amashuri makuru, Peter Marcello wari ushinzwe umurimo, na Mary Lodira wari ushinzwe ubutaka n’imiturire.
Hari n’abanyamabanga ba leta birukanwe ari bo: Duop Lam wo muri minisiteri y’umutekano na Elisabeth Achuei wo muri minisiteri y’umurimo.

Abaminisitiri birukanwe nk’uko Chimpreports dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga, bari baratoranyijwe n’uruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi ubwo hashingwaga guverinoma y’inzibacyuho abayobozi bo mu karere bari bizeye ko izashingirwaho mu kugarura ituze mu gihugu.
Igihugu cya Sudani y’Epfo cyongeye kwisanga mu makimbirane muri uku kwezi gushize kwa Nyakanga ubwo ingabo za leta n’iza Machar zacakiraniraga muri perezidansi abayobozi bazo bari mu nama. Iyo mirwano ikaba yaraguyemo abantu 300 ako kanya bituma hongera kugaragara umwuka mubi muri politiki y’iki gihugu.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Muri rusange, abaturage 60,000 bahunze igihugu kuva iyo mirwano yaduka I Juba muri Nyakanga, bikaba byaratumye umubare w’impunzi z’Abanya-Sudani y’Epfo zahungiye mu bihugu by’ibituranyi kuva mu Ukuboza 2013 ugera ku 900,000.
Chimpreports kandi ivuga ko amakuru afite ari uko abaminisitiri birukanwe muri guverinoma bari abantu bashyigikiye Dr Riek Machar.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


