Umutwe w’inyeshyamba ukekwaho kuba ugizwe n’abanya Sudani y’Epfo ukorera hafi y’umupaka, urasaba ingurane y’amadolari 890 kugirango urekure abacuruzi 6 b’Abagande uherutse gushimuta nk’uko byatangajwe n’abayobozi mu nzego z’umutekano.
Abayobozi bo mu karere ka Lamwo ku mupaka wo mu majyaruguru, batangaje ko abagande 8 bakora ubucuruzi bw’imbaho bashimuswe basanzwe aho bacaga ibiti ahitwa Lubone, muri Sudani y’Epfo ku Cyumweru gishize. Aha hantu akaba ari mu birometero nka 5 uvuye ku mupaka wa Aweno Olwi wa Uganda na Sudani y’Epfo.
Babiri mu bashimuswe ariko bo barekuwe kuwa kabiri n’izo nyeshyamba bivugwa ko zababwiye kugarukana amadolari 890 bagahabwa bagenzi babo basigaranywe n’izi nyeshyamba nk’uko iyi nkuru dukesha The East African ikomeza ivuga.
Komiseri w’akarere ka lamwo, Jonathan Rutabingwa, yavuze ko abantu babiri barekuwe n’inyeshyamba bambutse banyuze ku mupaka wa Aweno Olwi, bakababwira ko inyeshyamba zishaka miliyoni 3 z’amashilingi kugirango zirekure abandi bantu 6 basigaye.
Rutabingwa yongeyeho ko abashinzwe umutekano muri Lamwo bari gukorana n’abo bireba bose ngo harebwe uko aba bagande barekurwa.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Yavuze ko bashaka kubanza kwifashisha abayobozi ku nzego z’ibanze n’abayobozi gakondo bo muri iki gice ngo bashobora kugira uruhare mu irekurwa ry’aba bantu bitabaye ngombwa ko hakoreshwa ingufu.
Rutabingwa kandi yaburiye Abagande ababwira kwirinda kujya muri Sudani y’Epfo uko bishakiye muri iyi minsi.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com



