Kuri uyu wa Kabiri ushize, itariki 25 Ugushyingo, indege yari itwaye imfashanyo y’ibiribwa y’umuryango mpuzamahanga w’Abasamariya yaguye muri Unity State muri Sudani y’Epfo, ihitana abakozi bayo bose uko ari batatu, nk’uko byatangajwe n’umuyobozi muri uyu muryango utabara imbabare.
Iyi ndege ikoreshwa na Nari Air, yari itwaye toni 2 z’ibikoresho biturutse mu murwa mukuru, Juba, bishyiriwe abantu bavanwe mu byabo n’umwuzure, nk’uko umuyobozi wungirije w’Umuryango Samartan Pulse muri Sudani y’Epfo, Bikram Rai, yabitangarije Reuters.
Rai ati: “Ikipe yacu yageze ahabereye impanuka, kandi mbabajwe cyane no kubahamiriza ko abakozi b’indege bose uko ari batatu bapfuye.”
Indege yakoreye impanuka nko mu bilometero 12 mu Ntara ya Leer ikungahaye kuri peteroli hafi y’umupaka na Sudani ahagana mu ma saa mbiri z’igitondo (GMT 0600).
Sosiyete Nari Air ntiyitabye telefoni yashakaga kumva icyo itangaza kandi nta bisobanuro byahise biboneka ku byerekeranye n’aho indege yakorewe cyangwa ubwoko bwayo. Ku rubuga rwayo, Nari Air ivuga ko ikorera muri Sudani y’Epfo kandi itanga serivisi zitandukanye zirimo serivisi zo gutwara imizigo n’abagenzi.


