Sugira ni umunyarwanda wa mbere ukuye abantu muri guma mu rugo inama y’abaminisitiri idateranye-Umuturage

Sangiza iyi nkuru

Umwe mu bakoresha Twitter, Sugira Patie Erneste Sindayigaya mu kuvuga ko ab’ i Kigali bishimiye intsinzi y’Amavubi, bakibagirwa ko bari muri Guma mu Rugo yavuze ko Sugira watsinze ari we Munyarwanda wa mbere ukuye aba baturage muri guma mu rugo nta nama y’abaminisitiri ibaye.

U Rwanda mu ijoro ryakeye rwari ruhanganye na Togo mu kugera muri 1/4 cya CHAN. Nyuma y’aho U Rwanda ruboneye igitego cya gatatu gitsinzwe na Sugira, amashusho ku mbuga nkoranyamabaga yerekanaga ko abatuye i Kigali, nta n’umwe ucyitaye kuri Guma mu rugo.

Amashusho ya bamwe muri bo, nta dupfukamunwa kandi begeranye cyane, bari mu byishimo mu mihanda muri Kigali yakwiriye henshi ku mbuga nkoranyambaga cyane Twitter.

Uyu Sindayigay kuri Twitter yagize ati ” Sugira ni umunyarwanda wa mbere ukuye abantu muri guma mu rugo inama y’abaminisitiri idateranye.”

Ku rundi ruhande ariko, Ikipe y’igihugu Amavubi kuri Twitter yatanze ubutumwa buvuga ko nubwo abantu bishimye bakwiye “Kuguma mu rugo”.

Aba bishimiraga intsinzi nyamara ni akanya gato minisiteri y’ubuzima itangaje ko habonetse abantu 574 bashya banduye Covid-19, umubare munini ubonetse w’abanduye ku munsi kuva iki cyorezo cyagera mu Rwanda mu kwa gatatu 2020.

Amashusho: https://twitter.com/i/status/1354192069238034433

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *