Sunrise yihanije Musanze FC yakinishije rutahizamu wayo mu izamu

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Sunrise FC yanyagiye Musanze FC ibitego 5-1, mu mukino ubanziriza uw’umunsi wa nyuma wa shampiyona y’amakipe ahatanira kuguma mu cyiciro cya mbere.

Hari mu mukino wabereye kuri Stade ya Nyagatare.

Musanze FC bayitangiye ku munota wa kabiri ubwo rutahizamu Yafess Mubiru yatsindiraga Sunrise igitego cya mbere, Mudeyi Suleyman ayitsindira igitego cya kabiri nyuma y’iminota 10 mbere y’uko Mubiru atsinda icya gatatu ku munota wa 21 w’umukino.

Nyuma yo gutsindwa ibitego bitatu mu minota 21, byabaye ngombwa ko Umutoza Tugirimana Gilbert asimbuza ikitaraganya umunyezamu Twagirimana Pacifique, aha umwanya Ndoli Jean Claude.

Umunota wa 65 w’umukino wari uhagije ngo umuzamu Ndoli Jean Claude asohoke mu kibuga, nyuma yo kwerekwa ikarita itukura.

Ndori Jean Claude yeretswe ikarita itukura nyuma yo gutuka umusifuzi.

Isohoka rya Ndoli ryakurikiwe no kwinjira mu izamu rya Kapiteni Twizeyimana Onesme.

Musanze FC yari yamaze gutsindwa igitego cya kane ku munota wa 60 cya Mudeyi Suleyman, mbere y’uko Mubiru atsinda agashinguracumu ku munota wa 76 ndetse n’igitego cye cya gatatu muri uriya mukino.

Mu yindi mikino yabaye:

Gorilla FC yatsinzwe na Mukura VS igitego 1-0, AS Muhanga inyagirwa na Gasogi United ibitego 4-0 mu gihe Kiyovu Sports yatsinze Etincelles FC igitego 1-0.

Kiyovu Sports ni yo ikiyoboye urutonde rw’agateganyo n’amanota 13, Musanze FC ikayigwa mu ntege na 12 mu gihe ikipe ya gatatu ari Sunrise ifite amanota 9 inganya n’amakipe ya Gasogi United na Etincelles ayikurikiye.

Ikipe ya gatandatu ni Mukura VS ifite amanota 8, iya karindwi ni Gorilla ifite 7 mu gihe iya nyuma ari AS Muhanga ifite ubusa.

Mukura VS irasabwa gutsinda AS Muhanga ku munsi wa nyuma kugira ngo igume mu cyiciro cya mbere, mu gihe Sunrise na Gorilla zigomba kwishakamo izamanuka.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *