Sweswe ntiyemera ko yakinnye iminota 90 adakora ku mupira

Sangiza iyi nkuru

Umunya-Zimbabwe Thomas Langu Sweswe, yamaganye agahigo yitiriwe ko kuba umukinnyi rukumbi w’umupira w’amaguru wakinnye iminota 90 y’umukino adakora ku mupira, avuga ko ari ibinyoma.

Sweswe w’imyaka 39 y’amavuko, yakinnye nka myugariro mu makipe atandukanye arimo Kaizer Chiefs na Bidvest Wits yombi yo muri Afurika y’Epfo.

Mu mwaka ushize wa 2020 ibinyamakuru bitandukanye bya hano ku mugabane wa Afurika byanditse ko uyu mugabo yigeze gukina iminota 90 y’umukino akayirangiza adakoze ku mupira, ibyafashwe nk’igitangaza ndetse n’urwenya kuri benshi mu bakunzi b’umupira w’amaguru.

Sweswe aganira n’ikinyamakuru nigfooty.com, yavuze amakuru avuga ko yakinnye iminota 90 adakora ku mupira atari yo, ashimangira ko uwayatangaje bwa mbere hari undi mugambi yari afite.

Ku bwa Sweswe, ibyo kuba yarakinnye iminota 90 y’umukino “ni ibinyoma, nta kuntu umukinnyi yakina nabi gutyo mu mupira w’ababigize umwuga.”

Yakomeje agira ati: “Uwo ariwe wese ubiri inyuma afite impamvu ze bwite, simbizi kandi ntiyigeze agaragaza uwo mukino nakinnye, ikindi nahagaritse gukinira Chiefs muri 2012 sinzi impamvu inkuru yaza uyu munsi.”

Yunzemo ati: “Buri gihe ndaseka iyo abantu benshi banyoherereje ubutumwa bambaza niba narakinnye iminota 90 yose ntakora ku mupira”, abaza umunyamakuru niba we abona bishoboka.

Sweswe avuga ko nyuma yo guhagarika umupira kuri ubu yibera iwabo mu gihugu cya Zimbabwe, aho akora nk’Umunyamabanga Mukuru w’Ihuriro ry’abakinnyi b’umupira w’amaguru bo muri kiriya gihugu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *