Syria: Ibirindiro by’ingabo za Amerika byagabweho igitero cya za rokete

Sangiza iyi nkuru

Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zifite ibirindiro hafi y’iriba rya peteroli mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Syria zagabweho ibitero bya rokete kuri uyu wa Mbere nyuma y’umunsi umwe indege z’intambara za Amerika nazo zigabye ibitero ku nyeshyamba ziherereye ku mupaka wa Syria na Irak.

Nta bakomerekejwe n’iki gitero ariko ibyo cyangije biracyagenzurwa. “Turatanga amakuru mashya nitugira ayarenzeho, Umuvugizi w’ingabo za Amerika Colonel Wayne Marotto abinyujije kuri twitter.

CBS news iravuga ko ingabo za Amerika zakoresheje intwaro ziremereye mu gusubiza ku birindiro byaturukagamo izo rokete.

Iki gitero cya rokete cyagabwe ku ngabo za Amerika nyuma y’aho nazo zigabiye ibitero by’indege ku birindiro by’inyeshyamba zifashwa na Iran.

Minisiteri y’ingabo ya Amerika yavuze ko ibi bitero byagabwe ku nyubako zikoreshwa n’imitwe y’inyeshyamba nka Kata’ib Hezbollah (KH) na Kata’ib Sayyid al-Shuhada (KSS).

Aha hantu harashwe ngo hakaba hakunze kuva ibitero by’indege zitagira abapilote (Drones) byibasira abakozi ba Amerika n’inyubako zabo muri Irak nk’uko minisiteri y’ingabo yabitangaje mu itangazo yashyize hanze.

Umwe mu bayobozi anavuga ko byibuze ibitero bitanu bya drones by’inyeshyamba zifashwa na Iran byagabwe ku birindiro bya Amerika muri Irak, bibarizwamo ingabo za Amerika, abasivili bakorana nazo n’abandi bakozi.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *