Umuryango w’umuherwe wo muri Tanzania, bivugwa ko ari we wa mbere utunze kurusha abandi muri Afurika y’uburasirazuba, akaba aherutse gushimutwa mu cyumweru gishize, wiyemeje kwishyura akayabo k’amadolari 437,000$ ku muntu watanga amakuru yatuma atabarwa.
Biravugwa ko imirongo itatu ya telephone itishyurwa yamaze gushyirwaho mu rwego rwo gukusanya amakuru ku ishimutwa rya nyiri MeTL Group, Mohammed Dewji, w’imyaka 43 nk’uko umuvugizi w’umuryango we yabitangarije abanyamakuru kuri uyu wa Mbere, itariki 15 Ukwakira ku biro by’iki kigo I Dar es Salaam. Uyu muvugizi, Azim Dewji ntiyashatse kugira ibibazo byinshi yakira.
Kugeza ubu abantu bagera muri 20 bamaze gutabwa muri yombi n’Igipolisi cya Tanzania mu iperereza ku ishimutwa ry’uyu muherwe ukiri muto washimutiwe I Dar es Salaam mu minsi ishize.
Mohammed Dewji, umuherwe wa mbere ukiri muto muri Afurika, akaba uwa mbere muri rusange na none mu karere, yashimuswe n’abantu bitwaje imbunda ubwo yinjiraga muri hotel akoreramo siporo mu gitondo cyo kuwa kane ushize, itariki 11 Ukwakira. Abayobozi bavuga ko ishimutwa rye rifitwemo uruhare n’abanyamahanga kuko bivugwa ko yashimuswe n’abantu b’uruhu rwera bikekwa ko ari abazungu.
[penci_related_posts taxonomies=”undefined” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”grid” align=”none” displayby=”recent_posts” orderby=”random”]
Dewji ni umuyobozi w’ikigo MeTL Group gikorera mu bihugu bigera mu 10, akaba yari afite n’ibikorwa byinshi by’ubuhinzi, ubwishingizi, ubwikorezi, n’ibindi.
Urubuga rukunze gusohora intonde z’abaherwe bahiga abandi ku isi rwitwa Forbes ruvuga ko Mohammed Dewji atunze miliyari 1,5 y’Amadolari akaba aza ku mwanya wa 17 ku rutonde rw’Abanyafurika batunze miliyari z’amadolari.
Hagati ya 2005 na 2015 yabaye umudepite mu nteko ishinga amategeko, mu 2013 aba ari bwo aza bwa mbere ku rutonde rwa Forbes, nyuma y’imyaka 2 Forbes imugira umuntu w’umwaka muri Afurika.
Mohammed Dewji kandi afite imigabane myinshi mu ikipe ya Simba FC yo mu cyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru muri Tanzania.


