Umuyobozi wa Njyanama y’Akarere ka Geitha muri Tanzania, Edith Mpinzile, yatangaje ko yatewe isoni n’uburyo hari abanyeshuri bo mu mashuri abanza bari kubona imodoka, bagakizwa n’amaguru bakeka ko izanye inkingo za Coronavirus. Mpinzile avuga ko ababyeyi ari bo bakwiye gutungwa agatoki kuri iyi ngingo nk’uko The Eastafrican Radio ibitangaza, kuba abana babona imodoka, bagasohoka mu ishuri birukanka. Mu mugambi w’ubutegetsi wo gukangurira abaturage kwikingiza Covid-19, Ku kigo nderabuzima kiri ahitwa Katoro, Mpinzile yasabye ko ” Hatangwa amasomo atuma abana batagira ubwoba ko imodoka yose babonye, iba izanye inkingo, ko ahubwo iba iri mu bindi bikorwa by’uburezi.” Bamwe mu babyeyi bari aho, bavuze ko “Uku kwiruka kw’abana kuri guterwa no kuba hari ababyeyi bari kubwira abana ko urukingo rutuma amaraso yabo avura.” Muri Tanzania ikibazo cya Coronavirus batangiye bacyumva biguru ntege cyane ku butegetsi bwa Magufuli. N’ubwo mu bategetsi bakuru bagenda bikingiza ku karubanda ngo bitinyure abaturage, inzira iracyari ndende. Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]
XMA Header Image
Kigali:Ngiyi video impanuka ikomeye ihitanye umusore\\Umupadiri arapfuye abandi barakomereka
youtube.com


