Tanzania: Hatahuwe umugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi wa Polisi ya Tanzania, IGP Camillius Wambura, yatangaje ko uru rwego rwatahuye umugambi w’abantu bashaka gukuraho ubutegetsi bwa Perezida Samia Suluhu Hassan mbere y’uko umwaka w’2025 ugera.

Ibi IGP Wambura yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru batumiwe na Polisi kugira ngo bamenyeshwe iby’uyu mugambi “mubisha ugamije guteza akaduruvayo muri Tanzania”.

Yagize ati: “Bavandimwe nabatumiye kugira ngo mbabwire ikintu kimwe kijyanye n’amakuru yatangiye kuvugwa ejo tariki ya 10 ku mbuga nkoranyambaga. Aya makuru ni ay’itsinda ry’abantu bari gutegura imyigaragambyo mu gihugu hose kugira ngo izakureho ubutegetsi bwa Tanzania mbere y’umwaka w’2025.”

Ngo impamvu nyamukuru yatumye aba bantu batekereza gukora imyigaragambyo yo gukuraho ubutegetsi bwa Tanzania ishingiye ku bibazo by’ibyambu, IGP Wambura akavuga ko ibisubizo byabyo byagatanzwe n’inkiko, aho guteza akavuyo mu gihugu cyose.

Yabateguje ko bazahanwa n’amategeko, nibagerageza umugambi wabo. Ati: “Bazafatirwa ingamba z’amategeko. Akavuyo bashaka guteza, umugambi bafite, byose ni amakosa akomeye. Polisi ntizarebera, ntizabihanganira. Niba batekereza ko twicaye, tuzabereka ko tuticaye.”

Uyu mupolisi mukuru yasobanuye ko aba bantu bafite gahunda yo gusaba abaturage kubiyungaho. Yasabye Abanyatanzaniya kubima amatwi, bagasigasira amahoro y’igihugu. Ati: “Bakomeze kuba mu mahoro nk’uko bimenyerewe.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *