Tanzania: Pasiteri yafashwe asambanyiriza umwana mu irimbi

Sangiza iyi nkuru

Polisi mu Ntara ya Ruvuma muri Tanzania yataye muri yombi umupasiteri w’imyaka 72 witwa Boston Chimalilo akekwaho gufatira ku ngufu mu irimbi, umwana w’umukobwa w’imyaka 13 y’amavuko.

Uyu mupasiteri usanzwe ari uwo mu idini ryitwa Pentecostal Gospal Mission rikorera mu Karere ka Mbinga, akekwaho gufata ku ngufu uyu mwana wiga mu mwaka wa Gatandatu w’amashuri abanza.

Umuyobozi wa Polisi mu Ntara ya Ruvuma, Simon Marwa Maigwa yatangarije Rastafrica ko ” uyu mupasiteri yafashwe kuwa 1 Ukuboza 2020 mu bice birimo imva, ari mu bikorwa byo gufata ku ngufu uwo mwana w’umukobwa.”

Afande Maigwa ati ” Abasamariya beza barimo gutambuka ni bo babonye uwo mupasiteri ari muri ako gace karimo irimbi arimo gusamabanya uwo mwana. Bahise batumenyesha, tumuta muri yombi.”

Uyu mwana w’umukobwa avuga ko yatangiye kuryamana na pasiteri mu mwaka wa 2019.

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. Tanzania: Pasiteri yafashwe asambanyiriza umwana mu irimbi
    Uwo mupastori akwiyeguhanwa namategeko kukoyakoze icyahagikomeye.cyogufatakungufu,eeeee!!!yasebejenidiniryabo.thx

  2. Tanzania: Pasiteri yafashwe asambanyiriza umwana mu irimbi
    Uwo mupastori akwiyeguhanwa namategeko kukoyakoze icyahagikomeye.cyogufatakungufu,eeeee!!!yasebejenidiniryabo.thx

  3. Tanzania: Pasiteri yafashwe asambanyiriza umwana mu irimbi
    Uwo mupastori akwiyeguhanwa namategeko kukoyakoze icyahagikomeye.cyogufatakungufu,eeeee!!!yasebejenidiniryabo.thx

  4. Tanzania: Pasiteri yafashwe asambanyiriza umwana mu irimbi
    Uwo mupastori akwiyeguhanwa namategeko kukoyakoze icyahagikomeye.cyogufatakungufu,eeeee!!!yasebejenidiniryabo.thx

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *