Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, yategetse ko hakorwa iperereza mu gipolisi nyuma y’ubwicanyi buherutse kubera i Mtwara bwagaragamo abapolisi baregwa nk’abagizi ba nabi.
Perezida yabitegetse mu gihe cyo kuzengurukaga muri aka karere muri iki cyumweru. Yagize ati: “Numvise ko abapolisi bishe, hanyuma nsaba iperereza kuri bo kuri icyo cyaha. Ubu ntegetse Minisitiri w’intebe gukora iperereza ryihariye kandi raporo zombi zigomba kuzanwa kugira ngo nzigereranye.”
Nk’uko iyi nkuru dukesha The Citizen ivuga, yakomeje akangurira abapolisi kwisuzuma bakurikije imyitwarire irimo kubavugwaho y’abanyabyaha, anasaba Minisitiri w’umutekano mu gihugu kuba ku isonga mu kwita ku myitwarire y’abapolisi iteye ubwoba muri iki gihe.


