Tanzania: Umunyapolitiki uherutse kuraswa aravuga ko ubutegetsi bwa Magufuli ari nk’ubw’igitugu cya gisirikare

Sangiza iyi nkuru

Tundu Lissu, umuyobozi mu ishyaka CHADEMA ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Tanzania uherutse kuraswa muri Nzeri 2017 n’abantu bataramenyekana, aratangaza ko politiki za Tanzania ziteje akagaga mu butegetsi bw’igitugu buyobowe na perezida John Pombe Magufuli.
Uyu mugabo Lissu kuri ubu arimo koroherwa aho arwariye mu Bitaro bya Nairobi, yajyanywemo nyuma yo kuraswa. Uyu wize amategeko akaba atarya iminwa mu kunenga perezida magufuli, yarashwe n’abantu bataramenyekana arakomereka ubwo yari mu mujyi wa Dodoma.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Mu kiganiro yagiranye na BBC kuri uyu wa Gatandatu, Lissu yasobanuye ko igitero yagabweho ari igikorwa cyo kugerageza kumwica kandi yumva adatekanye ku buryo yasubira mu gihugu cye. Yongeyeho ko muri Tanzania hari ukutihanganira abatavuga rumwe n’ubutegetsi bisa nk’igitugu cya gisirikare cyo mu myaka yashize.
Lissu aragira ati: “Politiki, by’umwihariko nk’izi zacu, ni akaga. Mu myaka 25, twari tumenyereye politiki z’amahoro, twakoreshaga politiki aho ibitekerezo byawe byasubizwaga n’ibitekerezo by’uwo mutabihuje.
Yakomeje agira ati: “Kuri ubu ibitekerezo byacu ntibisubizwa n’abo tutabihuje, ahubwo bisubizwa n’umunwa w’imbunda. Habaye aho umunyamakuru ashimutwa kandi bakabura.”
Lissu yakomeje avuga ko muri Tanzania hasigaye harabaye aho abantu bicwa, baraswa bagapfa, amaboko n’amaguru bikazirikwa abantu bakajugunywa mu Nyanja bagakurwa ku nkombe. Ati: “Ntitugitandukanye na bwa butegetsi bw’igitugu bwa gisirikare bwo muri za 70 na 80.”
Yaba ishyaka CHADEMA ritavuga rumwe n’ubutegetsi ndetse na CCM riri ku butegetsi, yose yamaganye iki gitero kuri Lissu, ndetse perezida magufuli ategeka inzego z’umutekano gukora iperereza no gukurikirana abagize uruhare muri iki gitero.
Itangazo CCM yashyize ahagaragara rikaba ryaragiraga riti: “Abayobozi ba CCM bari gusengera umuvandimwe Lissu kandi bamwifurije gukira vuba kugirango akomeze inshingano ze mu nteko ishinga amategeko.”
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *