Tigray: Abaforomo n’abaganga mu batangiye gusabiriza ibyo kurya

Sangiza iyi nkuru

Bamwe mu baforomo n’abaganga (Doctors) bo mu bitaro binini byo mu ntara ya Ethiopia yazahajwe n’intambara ari yo Tigray na bo batangiye gusabiriza ibiryo kugira ngo batunge imiryango yabo nk’uko umwe mu baganga yabitangarije BBC.

Yavuze ko bamaze amezi umunani badahembwa, bikaba bibahatira gushaka ubundi buryo bwo gutunga imiryango yabo.

Ibivugwa n’abaganga bije mu gihe Loni ivuga ko “inzara ikabije” yibasiye abantu benshi muri Tigray. Ivuga ko miliyoni 2.2 z’abantu “bafite ikibazo cyo kubura ibiryo”.

Kimwe cya kabiri cy’abagore batwite n’abonsa bafite ikibazo cy’imirire mibi, nk’uko ubushakashatsi bwakozwe n’ishami rya Loni ryita ku biribwa (WFP) bwabyerekanye.

Muri rusange, muri Tigray no mu zindi ntara ebyiri zibasiwe n’imirwano, Amhara na Afar, abantu miliyoni icyenda bakeneye ubufasha bw’ibiribwa nk’uko WFP ikomeza ivuga.

Kuva mu Gushyingo 2020, ingabo za leta ya Ethiopia zirwana n’inyeshyamba zo mu Ntara Tigray yo mu majyaruguru y’igihugu mu ntambara imaze guhitana abantu ibihumbi.

Muri icyo gihe kinini cy’intambara, igice kinini cya Tigray cyafungiwe amayira, ku buryo bigoye gutanga ubufasha bw’ingenzi n’ibikoresho by’ubuvuzi. Amabanki nayo yarafunzwe bivuze ko abantu badashobora kubona amafaranga bazigamye cyangwa amafaranga yo kwishyura abandi.

Abaganga n’abaforomo nabo ntibarokotse iyo mibabaro.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *