Igipolisi cyatangaje ko imibiri y’impinja nibura 50 n’abantu bakuru batandatu yajugunywe mu irimbi ryo mu gihugu cya Trinidad na Tobago.
Mu itangazo ry’igipolisi cyo muri iki gihugu (TTPS) bavuze ko iyo mibiri yabonetse mu mujyi wa Cumuto, ku birometero 40 uvuye ku murwa mukuru wa Port of Spain muri Trinidad, kimwe mu birwa bibiri bigize iki gihugu cyo muri Karayibe.
Iperereza ry’ibanze ryerekana ko gishobora kuba ari ikibazo cyo “guta imirambo mu buryo butemewe n’amategeko” nl’uko inkuru dukesha DW ikomeza ivuga.
Ntiharamenyekana niba ibyabaye bifitanye isano n’ubugizi bwa nabi muri iki gihugu kimwe mu bifite ibipimo byo hejuru mu bwicanyi bukabije muri Amerika y’Epfo na Karayibe.
Polisi yatangaje ko batanu mu bantu bakuru, abagabo bane n’abagore babiri, bari bafite ibimenyetso bibaranga ku myambaro. Babiri bagaragaje ibimenyetso by’uko bakorewe ibizamini bikorwa nyuma yo gupfa (autopsy).
Komiseri wa polisi Allister Guevarro yavuze ko ibi “biteye impungenge cyane”. Komiseri ati: “Umuntu ku giti cye cyangwa ikigo nibasangwa bararenze ku nshingano zabo bazabibazwa “.
Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatanze imiburo myinshi ku ngendo zerekeza muri gihugu kuva icyo gihe kubera ubugizi bwa nabi ndetse n’impungenge z’iterabwoba.


