Donald Trump wahoze ari Perezida w’Amerika yareze mu Niko asaba umucamanza guhagarika iperereza rya minisiteri y’ubutabera ku nyandiko zafatiwe mu rugo rwe rwa Mar-a-Lago. Mu kirego mu rukiko, itsinda ry’abanyamategeko rimwunganira ryasabye ko hashyirwaho umunyamategeko wigenga wo kugenzura inyandiko abakozi b’urwego rw’iperereza ry’imbere mu gihugu (FBI) batwaye muri uku kwezi. Amatsinda 11 y’inyandiko z’ibanga yakuwe muri urwo rugo rwa Trump rwo muri leta ya Florida ku itariki ya 8 y’uku kwezi kwa munani, nkuko FBI ibivuga. Trump arimo gukorwaho iperereza ku bishoboka ko yakoresheje izo nyandiko mu buryo bubi. Yahakanye avuga ko nta kintu kibi yakoze, anavuga ko izo nyandiko zari zitakiri ibanga. Inyandiko y’ikirego y’amapaji 27 ni yo yatanzwe mu rukiko rw’i Florida nk’uko ibitangazamakuru mpuzamahanga bibitangaza. Muri yo, itsinda ryunganira Trump rishinja isaka rya minisiteri y’ubutabera kuba ari “ugushaka gusa izuru ry’ingamiya iri mu ihema kugira ngo bashobore gusaka mu kavuyo bashaka inyandiko zafasha muri politiki cyangwa zafasha ibikorwa byo gutambamira Perezida Trump ngo ntazongere kwiyamamaza”. Trump arimo kurega ngo ahabwe urutonde rurambuye kurushaho rw’ibyakuwe mu nyubako ye, ndetse arasaba ko leta imugarurira ikintu icyo ari cyose cyatwawe kitari kijyanye n’ibikubiye mu ruhushya rwo gusaka. Mu itangazo, minisiteri y’ubutabera yavuze ko abashinjacyaha bazi iby’icyo kirego cya Trump, kandi ko bazagisubizaho mu rukiko. Anthony Coley, umuvugizi wa minisiteri y’ubutabera, yavuze ko “uruhushya rwo gusaka i Mar-a-Lago rwatanzwe n’urukiko rwo ku rwego rwa leta hashingiwe ku bisabwa byabonetse ko hashobora kuba yarakozwe icyaha”.



2 Responses
Trump yareze Minisitiri w’Ubutabera wa Amerika
Trump ni umugabo uzira kurya indimi, arakunzwe nubwo media zimusebya. Amatora asubiwemo yatsinda ruhenu abo Bose bicara bamusebya. Trump oyeeee!!!!
Trump yareze Minisitiri w’Ubutabera wa Amerika
Trump ni umugabo uzira kurya indimi, arakunzwe nubwo media zimusebya. Amatora asubiwemo yatsinda ruhenu abo Bose bicara bamusebya. Trump oyeeee!!!!