Tshisekedi abona MONUSCO ikwiye kuva muri RDC

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Felix Tshisekedi, abona misiyo y’amahoro y’Umuryango w’Abibumbye izwi nka MONUSCO ikwiye kubavira mu gihugu kubera ko yananiwe kubafasha kurwanya umutwe witwaje intwaro wa M23.

Tshisekedi yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa BBC muri porogaramu Africa Daily yerekeye ubuzima bwa buri munsi bw’umugabane wa Afurika.

Uyu Mukuru w’Igihugu yavuze ko MONUSCO ubwayo yitangarije ku mugaragaro ko M23 iyirusha ubushobozi hamwe n’ingabo za RDC zizwi nka FARDC.

Ngo kuba MONUSCO yiyemerera ko irushwa ubushobozi na M23 bivuze ko itagishoboye gukora inshingano yayijyanye muri RDC yo kurwanya urugomo.

Yagize ati: “MONUSCO ubwayo yemeye ko idashoboye kugera ku byayizanye. Uribaza icyo ibyo bisobanuye ku baturage ba Congo? MONUSCO yaje gufatanya n’ingabo za leta ya Congo guhagarika urugomo ariko iyo yemeye ko itabishoboye iba ikomeje.”

Tshisekedi aha iyi misiyo guhitamo kimwe muri bibiri, ati: “Rero mvuga ikintu kimwe cyangwa bibiri; bazinge ibyabo batahe bashimirwe n’igihugu, cyangwa se hatekerezwe ubundi buryo ubu butumwa bwakomeza ariko buhawe ingufu kurushaho.”

Aremeza ko Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron na Minisitiri w’Intebe w’u Bubiligi, Alexander De Croo na bo bashyigikiye igitekerezo cy’uko MONUSCO yagenda, mu gihe yaba itongerewe ubushobozi kugira ngo ifashe Leta ya RDC kurwanya M23.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *