Tshisekedi azamuye mu ntera ba Jenerali barimo Tshiwewe

Sangiza iyi nkuru

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo akanaba Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, yazamuye mu ntera abasirikare bakuru barimo n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo za RDC, Lt Gen Christian Tshiwewe Songesa.

Tshisekedi nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi we, Tina Salama, yazamuye mu ntera Lt Gen Tshiwewe amugira Général.

Abandi bazamuwe mu ntera barimo Jacques Nduru Ychaligonza na Kasonga Léon Richard Cibangu yagize ba Liéutenant-Général nyuma yo kubavana ku ipeti rya Général-Major.

Ychaligonza asanzwe ari Umugaba Mukuru wungirije w’Ingabo za RDC (FARDC) ushinzwe ibikorwa n’ubutasi, mu gihe Richard Kasonga azwiho cyane kuba yarahoze ari Umuvugizi wa FARDC.

Undi wazamuwe mu ntera ni Eddy Kapend Yrung wagizwe Général de Brigade avuye ku ipeti rya Colonel.

Kapend asanzwe ari mubyara wa Laurent-Désiré Kabila wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse akaba n’umwe mu bajyanama be ba hafi.

Nyuma y’urupfu rwa Kabila wishwe arashwe n’umwe mu basirikare bari bashinzwe kumurinda, Kapend ari mu basirikare 30 batawe muri yombi bashinjwa kugira uruhare mu rupfu rwe, mbere yo gukatirwa urwo gupfa.

Tshisekedi yamuzamuye mu ntera anamusubiza mu gisirikare cya Congo, nyuma yo kumuha imbabazi muri Mutarama 2021 we na bagenzi be 23.

Aba bafunguwe nyuma y’imyaka 20 bari bamaze muri gereza.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *