Tshisekedi hamwe na Ramaphosa, mu kiganiro n'abanyamakuru

Tshisekedi yahakanye gushaka gusimbuza ingabo za SADC iza EAC

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yatangaje ko atigeze agambirira kwirukana ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) mu gihugu cye kandi ngo ntiyigeze aniyambaza umuryango w’akarere ka Afurika y’amajyepfo (SADC) ngo umufashe gukemura ikibazo cy’umutekano.

Ibi Tshisekedi yabivuze kuri uyu wa 6 Nyakanga 2023 ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru hamwe na mugenzi we uyobora Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa uri mu ruzinduko rwo gukomeza ubufatanye bw’ibihuugu byombi i Kinshasa.

Uyu Mukuru w’Igihugu mu minsi ishize yatangaje ko ingabo za EAC zidakora akazi kazijyanye, zikorana n’umutwe witwaje intwaro wa M23, aho kuwurwanya [keretse gusa iz’u Burundi] ndetse yari yarateguje ko mu gihe zitari guhindura imikorere, zitari kurenza ukwezi gushize zikiri mu burasirazuba bwa RDC.

Mu gihe hari hategerejwe ikizakurikiraho, abakuru b’ibihugu bya EAC bateraniye mu Burundi tariki ya 31 Gicurasi 2023, bafashe icyemezo cy’uko manda y’izi ngabo yongerewe kugeza tariki ya 8 Nzeri 2023. Ni igihe cyabazwe kuva mu ntangiriro za Werurwe, ubwo manda ya mbere y’amezi 6 yarangiraga.

Tshisekedi yabajijwe impamvu atirukanye ingabo za EAC nk’uko yari yarabiteguje, asobanura ko atigeze abiteganya. Ati: “Naranenze ariko ntabwo nanze ingabo za EAC. Nanenze imyitwarire yazo ku myanzuro isobanutse yafashwe, amatariki agaragara, ingengabihe yo kuva mu bice ariko ubwo zazaga ntabwo zabigenzuye. Ingabo za Uganda n’iza Kenya ubwo zahageraga, zemereye inyeshyamba zikusanya imisoro n’ibindi, ibitarakozwe n’ingabo z’u Burundi.”

Yasobanuye kandi ko nyuma y’ibi byabaye, Leta ya RDC yaganiriye n’izi ngabo, nta guca ku ruhande, bemeranya ibigomba gukorwa kugeza muri Nzeri 2023. Muri iki gihe, ngo hazarebwa uko ibintu birimo kugenda.

Naho ku kijyanye no guhamagara ingabo za SADC ngo zifashe RDC iyibereye igihugu kinyamuryango, Tshisekedi na byo yabihakanye, asobanura ko mu mahame y’umuryango harimo ko iyo igihugu kiwugize gitewe, uba ugomba gutabara. Ati: “Ntabwo twasabye SADC ubufasha. Dukwiye kumenya ko muri SADC harimo ubufatanye, ntabwo twarinda dusaba ubufasha. Muri SADC, iyo umunyamuryango atewe, undi araza akamufasha. Kubera iyi nshingano, ni yo yashatse kuza muri RDC.”

Byari byarateganyijwe ko mbere y’uko ingabo za EAC zari kuba zivuye muri RDC muri Kamena, iza SADC na zo zari kuba zahageze hagati ya tariki 15 n’iya 20 z’uko kwezi nk’uko Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Christophe Lutundula yabitangaje muri Gicurasi. Tshisekedi yatangaje ko ziteguye gutabara mu gihe byaba ngombwa, ariko ngo kuri ubu igihugu cye kiracyari kumwe na EAC.

Tshisekedi hamwe na Ramaphosa, mu kiganiro n'abanyamakuru
Tshisekedi hamwe na Ramaphosa, mu kiganiro n’abanyamakuru

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Tshisekedi yahakanye gushaka gusimbuza ingabo za SADC iza EAC
    Uyu muperezi nawe ni ikigoryi, ubu yibagiwe ibyoi yavugaga ejobundi? cg nuko sadec abonye itamwitayeho kubera gukoran nínterahamwe

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *