Tshisekedi yongeye guhura na Kabila mu gihe umwuka mubi ukomeje hagati ya FCC na CACH

Sangiza iyi nkuru

Kuri iki cyumweru, tariki 20 Nzeri, Perezida Félix Tshisekedi yabonaniye i N’sele n’uwahoze ari Perezida Joseph Kabila, akaba n’umufasha we mu ihuriro riri ku butegetsi.

Ese Perezida Félix Tshisekedi na Joseph Kabila bavuganye iki kandi kubera iki?

Abasesenguzi benshi bavuga ko aba bagabo bombi bifuza guturisha umwuka mubi ukomeje guhungabanya ihuriro ryabo, bakemura ibikomeje gutanya amahuriro y’amashyaka afite ubwiganze mu butegetsi ari yo ‘Front Commun pour le Congo (FCC) rya Kabila na ‘Cap pour le Changement (CACH) ya Tshisekedi.

Impande zombi zikaba zikomeje kutumva ibintu kimwe cyane cyane ku bashyizwe mu bucamanza, mu buyobozi bw’ingabo, kwemeza Ronsard Malonda nka perezida wa Komisiyo Yigenga y’Amatora (CENI), ndetse n’amavugurura asabwa mbere y’amatora 2023. Hatirengagijwe n’amategeko ya Minaku nk’uko iyi nkuru dukesha 7SUR7.CD ikomeza ivuga.

Bivugwa ko hatagize igikorwa mu maguru mashya ngo ibyo bibazo bikemuke, bidatinze aya mahuriro yiganje mu butegetsi ashobora kumarana.

Inama yo ku cyumweru hagati ya Tshisekedi na Kabila yanaganiriye ku mavugurura yo mu minsi iri imbere no gushyirwa mu myanya mu masosiyete ya Leta no mu turere duto.

Twabibutsa ko inama iheruka guhuza uwahoze ari perezida n’uwamusimbuye muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo yaherukaga kuba muri Nyakanga.

Nyuma yo kungurana ibitekerezo, nkuko ibitangazamakuru byinshi byabitangaje, abayobozi b’ihuriro riri ku butegetsi bari bahamagariye abo bakorana kujya mu kazi bagakemura amakimbirane hagati ya FCC na CACH.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *