johnny_luboya_nkashama_general_25_jpg_711_473_1

Tshisekedi yubahirije ubusabe bwa Gen. Muhoozi, yirukana Guverineri Lt. Gen Luboya

Sangiza iyi nkuru

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavanye ku mirimo Lt. Gen Johnny Luboya Nkashama wari umaze imyaka itanu ari Guverineri wa gisirikare w’Intara ya Ituri.

Kuri uyu wa Gatanu ni bwo Tshisekedi yavanye Luboya kuri ziriya nshingano nk’uko bigaragara mu iteka rye ryasomewe kuri Radiyo na Televiziyo bya Leta ya RDC (RTNC).

Yahise asimburwa na Général-Major Kasongo Mulumba Batoka Gabi.

Lt. Gen Luboya yavanwe ku nshingano zo kuyobora intara ya Ituri, mu gihe Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda akanaba umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yakunze kugaragaza ko atamushaka.

Gen. Muhoozi mu butumwa butandukanye yanyujije ku rubuga rwe rwa X mu mezi ashize, yakunze gusaba ubutegetsi bwa Kinshasa kuvana uriya musirikare ku buyobozi bwa Ituri.

Mu mpera za 2025, Muhoozi yanditse ku rubuga rwe rwa X ati: “Ndashaka ibintu bitatu byonyine muri RDC. Icya mbere, muhagarike kwica abantu banjye, Abahema n’Abatutsi. Icya kabiri, muvaneho Guverineri w’uburozi wa Ituri, Luboya.”

Gen. Muhoozi yari yarakunze gushinja Lt. Gen Johnny Luboya kuba yarakunze kwitambika ibikorwa byo kurwanya umutwe w’iterabwoba wa ADF ingabo za Uganda zimaze igihe zifatanyamo n’iza Congo Kinshasa.

Amushinja kandi kuba ari we muyobozi w’umutwe wa CODECO umaze igihe ukorera ubwicanyi bw’indengakamere abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abahema.

Muri 2025 Gen. Muhoozi yateguje uriya mugenzi we wo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko azamuta muri yombi.

Luboya kandi yirukanwe, mu gihe intara ya Ituri yayoboraga yugarijwe n’icyorezo cya Ebola kimaze guhitana ababarirwa muri za mirongo.

Ubutegetsi bwe bwanenzwe kuba bwararangaranye kiriya cyorezo, kikamara ibyumweru byinshi gikwirakwira bitaramenyekana.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *