Turacyari abakozi ba Radio 10_Sam Karenzi ku makuru avuga ko we, Axel na Taifa baba berekeje ahandi

Sangiza iyi nkuru

Umunyamakuru Karenzi Samuel yavuze ko we na bagenzi be Horaho Axel na Taifa Bruno bakiri abanyamakuru b’igitangazamakuru cya Radio/TV10, mu gihe hari amakuru avuga ko baba bamaze kwerekeza ku yindi Radiyo.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu ni bwo haramutse hacicikana amakuru y’uko aba banyamakuru uko ari batatu baba batandukanye na Radio 10 bakerekeza kuri Fine FM ikorera i Remera mu mujyi wa Kigali.

Uko ari batatu bakunzwe mu kiganiro cy’imikino ‘Urukiko’ cya Radio 10 bari bahuriyemo na Kazungu Claver, bagasesengura amakuru y’imikino nta guca ku ruhande ku buryo byanyuraga benshi.

Cyakora cyo guhera muri Nyakanga uyu mwaka aba banyamakuru baje gutatanywa bahabwa inshingano zitandukanye n’igitangazamakuru bakoreraga, bituma ijwi bari bafite risa n’iricika intege.

Amakuru avuga ko aba banyamakuru bahisemo kumvikana na Fine FM kugira ngo bongere guhuza imbaraga bamye bafite bakiri kuri Radio 10, n’ubwo deal yabo na kiriya gitangazamakuru itaracamo.

Sam Karenzi aganira na BWIZA mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, yavuze ko we na bagenzi be bakiri abakozi ba Radio 10.

Ati: “Turacyari abakozi ba 10, abo twavugana bose mu gihe tukiri kuri radio10, niho tubarizwa.”

Karenzi yahakanye ko we na bagenzi be bamaze kwerekeza kuri Fine FM, gusa avuga ko bashobora kuyerekezaho cyangwa bakajya ahandi.

Ati: “Ntabwo ariyo, ntabwo birarangira sinzi aho babikuye. Deal irahari ariko ntabwo turasinya, bidakunze byaba nahandi.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *