Turakeka ko natwe zishobora kuba zihari kuko ubu bwandu ntibusanzwe- Dr Mpunga

Sangiza iyi nkuru

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), Lt Col Dr. Mpunga Tharcisse avuga ko harebwe uko ubwandu bushya bwa Coronavirus buri kwiyongera, bari gukeka ko haba hari ubwoko bushya bwa Coronavirus mu Rwanda.

Mu kiganiro na RBA, Dr. Mpunga yavuze ko ari uko batekereza gusa ngo mu bipimo bifatwa ntacyo barabona gihamya ko haba hari ubwoko bushya bwa Coronavirus buri mu Rwanda.

Asubiza niba hari ubwoko bushya bwa COVID19 (variants) bwageze mu Rwanda, yagize ati “Turakeka ko natwe zishobora kuba zihari kuko ubu bwandu ntibusanzwe, ariko ibipimo dufite ubu ntabwo biratugaragariza ibidasanzwe.”

Dr. Mpunga avuga ko ubu abarwayi ibihumbi 15 barimo kuvurirwa mu ngo. Ati “Abantu bagomba kubyumva ko uko uburwayi bwiyongera no kubavurira mu ngo no mu bitaro byose biragenda bigorana, gufatanya kugira ngo tugabanya ubu bwandu ni byo byaturinda kugira ngo tutagwa mu kaga.”

Mu gihe imibare y’abandura n’abahitanwa n’icyorezo cya COVID19 ikomeje gutumbagira, ni na ko abarenga ku mabwiriza yo kwirinda bakomeje kugaragara.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, avuga ko abakorera ibirori mu ngo bakomeje kwiyongera.

Mu minsi ishize, Minisititiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije yari yavuze ko hari ibipimo basangamo ubwoko bushya bwa Coronavirus gusa ngo ni iby’ababaga bavuye hanze y’ u Rwanda.

Hibazwa icyo u Rwanda rwaba rwakinzeho mu gihe bizwi neza ko muri Uganda byemejwe n’inzego bireba ko ubwoko bushya bwa Covid bwahageze, bukaba bugarika ingogo.

Birazwi kandi ko no muri DRC bwahageze. Ibi ni mu gihe Leta zimwe zitungwa agatoki kudatanga amakuru yose ajyanye n’uko icyorezo cya Coronavirus gihagaze.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV
XMA Header Image
Dr Kayumba asanga amakimbirane ya Uganda n’u Rwanda ashingiye kucyo yise [ NINJYE BOSS ] mu karere
youtube.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *