Tweet ya perezida Trump ngo yateje igihombo cya miliyari zisaga 10 umuherwe wa mbere ku Isi

Sangiza iyi nkuru

Mu butumwa akunze gutanga mu gitondo abinyujije kuri twitter, perezida Donald Trump yemeje amakuru y’uko agiye gukurikirana ikigo gikora ubucuruzi kuri internet cyitwa Amazon agishinja kuba nyirabayazana y’ibura ry’akazi ku bihumbi by’abantu, bikaba byateje igihombo cya miliyari 10$ umugabo wa mbere ukize ku Isi kuri ubu, Jeff Bezos, nyiri Amazon.
Amakuru aravuga ko mu gitondo cyo kuri uyu wa kane ushize, abinyujije kuri twitter, perezida trump yagaragaje ko yahoze afitiye impungenge Amazon na mbere y’uko atorerwa kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yemeza amakuru yatangajwe n’urubuga Axios ko perezida agiye gukurikirana mu mategeko Amazon yifashishije amategeko arengera abaguzi azwi nka ‘antitrust laws’.
Iyi nkuru dukesha yahoo.com ikaba ikomeza ivuga ko kuva iyi nkuru yajya ahagaragara kuwa gatatu ushize mu gitondo, imigabane ya Amazon yagabanyutseho 9% ingana na miliyari 10,7$ yavuye ku kayabo ka miliyari nyiri iki kigo Jeff Bezos, uherutse kuba uwa mbere ukize ku isi, atunze.
Kuri ubu imigabane ya Bezos muri Amazon irangana na miliyari 107,7$. Iki gihombo ngo kikaba kiruta kure amafaranga yose Donald Trump atunze ubwe, abarirwa muri miliyari 3,1$.
Perezida Trump yari yarabanje gusohora ubutumwa avuga ko Amazon yangirije byinshi abasoreshwa, ndetse anibasira Bezos amuziza kuba ari we nyiri ikinyamakuru The Washington Post gikunze kumwibasira n’ubuyobozi bwe.
Capture 4
Mu kunga mu rya perezida Trump, umunyamabanga wungirije ushinzwe itangazamakuru, Raj Shah akaba yongeyeho ko kubera Amazon nta misoro ikiva kuri internet, ahubwo ibigo nka Amazon bikomeje kugura no kugurisha ibintu bitishyuye imisoro y’ibanze.
 
Kanda kuri SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya
 

YouTube player

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *