Abitwaje intwaro bo muri Twirwaneho bakozanyijeho n’ingabo zidasanzwe za Guatemala ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Congo (MONUSCO). MONUSCO ivuga ko mu cyumweru gishize yasubije inyuma ibitero bibiri by’abitwaje intwaro gusa Twirwaneho niyo itungwa agatoki ku kugaba ibi bitero. XHINUA News itangaza ko Twirwaneho yakije umuriro ku birindiro bya MONUSCO kuwa Gatatu mu Minembwe mu Ntara ya Kivu y’Epfo. Aya makuru yemejwe, na Stephane Dujarric, Umuvugizi w’Umunyamabanga Mukuru wa UN/ONU, Antonio Guterres. Yagize ati ” Ababungabunga umutekano bacu basubije ababarasheho bakwira imishwaro. Nta wabikomerekeyemo gusa iki ni igitero cya kabiri kigabwe kuri buriya birindiro.” Kuri Twitter, MONUSCO yatangaje ko nayo kuwa 6 Ukwakira yagabye ibitero bisubiza kuri Twirwaneho mu rwego rwo kuyirukana mu Minembwe. Ku rundi ruhande ariko, Twirwaneho ntacyo iratangaza kuri aya makuru.


