U Bubiligi: Abarundi bigaragambirije imbere ya Ambasade ya Tanzania bayinenga gufata nabi impunzi

Sangiza iyi nkuru

Abanyarwanda baba ku mugabane w’u Burayi bateguye imyigaragambyo yabereye kuri ambasade ya Tanzania mu Bubiligi, bayinenga gufata nabi impunzi z’Abarundi zibayo.

Iyi myigaragambyo yabaye ku wa Gatanu tariki ya 10 Kanama 2018, bamagana imyanzuro yafashwe na Leta ya Tanzania yo gucyura ku ngufu impunzi z’Abandi iki gihugu gicumbikiye.

Mu itangazo ryatumiraga Abarundi kwitabira iyo myigaragambyo, ryagiraga riti “Abarundi bari mu Bubiligi batumiye buri wese kugira ngo bagaragaze akababaro kabo bamagana ibikorwa n’amagambo ya Leta ya Tanzania yo guhata impunzi z’Abarundi ngo zitahe mu Burundi kandi nta mutekeno wari wabonekayo”.

Kugeza ubu mu nkambi z’abarundi muri Tanzania, iya Mtendeli, Nduta na Nyarugusu, ngo gucuruza mu nkambi ntabwo bicyemewe n’ibindi byemezo bizibangiye birimo no kubuzwa gusohoka.

Ikinyamakuru UBM News gitangaza ko kuva mu 2015, impunzi zisaga ibihumbi 300 z’Abarundi ziri muri Tanzania, zikaba zigikeneye kuba muri iki gihugu, mu gihe zivuga ko icyo zahunze kigihari imbere mu gihugu cy’u Burundi.

New Picture 5

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *